•     

Depite yasabye Perezida guta muri yombi Odinga.

Depite uhagarariye agace ka Kimilili muri Kenya, witwa Didmus Barasa, yasabye Perezida William Ruto guta muri yombi Raila Odinga bitewe n'imyigaragambyo ariho ategura gukora

Depite yasabye Perezida guta muri yombi Odinga.
Depite yasabye ko Odinga yatabwa muriyombi

Depite Dudmus yavuze ko ibyo imyigaragambyo Raila Odinga ariho ategura ari ugushaka guteza imvururu mu gihugu bityo inzego z'umutekano zisabwa kuba maso.

Iyi ntumwa ya Rubanda yabwiye Odinga ko Perezida William Ruto atari  umunyabwoba nkuwamubanjirije

Ibi Depite Dudmus yabitangaje kuri uyu wa 25 Gashyantare 2023, aho yavuze ko imyigaragambyo iriho itegurwa na Raila Odinga ari nko gushishikariza intambara mu gihugu bityo ko inzego zifite aho zihuriye n'umutekano zigomba kuba maso iyo imyigaragambyo ikaburizwamo.

Yagize ati" twese turi umwe bityo ntabwo twakwifuza kubona harimo umuntu ushaka guhungabanya ituze rya Rubanda ngo tumwihanganire, nasabye Minisitiri w'umutekano Kithure Kindiki ko mugihe Odinga yatangiza imyigaragambyo azahite atabwa muri yombi atwarwe mu gihome".

Raila Odinga aherutse gutangaza ko ariho ategura imyigaragambyo mu gihugu kuko ngo ntabwo yemere ko Perezida William Ruto yatsinze Amatora.

Bagabo John

Depite yasabye Perezida guta muri yombi Odinga.

Depite yasabye Perezida guta muri yombi Odinga.
Depite yasabye ko Odinga yatabwa muriyombi

Depite uhagarariye agace ka Kimilili muri Kenya, witwa Didmus Barasa, yasabye Perezida William Ruto guta muri yombi Raila Odinga bitewe n'imyigaragambyo ariho ategura gukora

Depite Dudmus yavuze ko ibyo imyigaragambyo Raila Odinga ariho ategura ari ugushaka guteza imvururu mu gihugu bityo inzego z'umutekano zisabwa kuba maso.

Iyi ntumwa ya Rubanda yabwiye Odinga ko Perezida William Ruto atari  umunyabwoba nkuwamubanjirije

Ibi Depite Dudmus yabitangaje kuri uyu wa 25 Gashyantare 2023, aho yavuze ko imyigaragambyo iriho itegurwa na Raila Odinga ari nko gushishikariza intambara mu gihugu bityo ko inzego zifite aho zihuriye n'umutekano zigomba kuba maso iyo imyigaragambyo ikaburizwamo.

Yagize ati" twese turi umwe bityo ntabwo twakwifuza kubona harimo umuntu ushaka guhungabanya ituze rya Rubanda ngo tumwihanganire, nasabye Minisitiri w'umutekano Kithure Kindiki ko mugihe Odinga yatangiza imyigaragambyo azahite atabwa muri yombi atwarwe mu gihome".

Raila Odinga aherutse gutangaza ko ariho ategura imyigaragambyo mu gihugu kuko ngo ntabwo yemere ko Perezida William Ruto yatsinze Amatora.

Bagabo John