Perezida wa Afirika yepfo Cyril Ramaphosa ntabwo azitabira inama mpuza mahanga y'ubukungu (WEF) izabera i Davos kubera ko igihugu cye kiri mu icuraburindi ryo kutagira umuriro wa mashyanyarazi
Ibiro ntaramakuru by'abafaransa AFP byatangaje ko Perezida Cyril Ramaphosa yagombaga kujyana nabamwe mu bayobozi muri Leta i Davos aho yari buzitabire inama mpuzamahanga y'ubukungu (WEF)ariko kubera ikibazo kijyanye nibura ry'umuriro w'amashyarazi mu gihugu byabaye ngombwa ko asubika kwitabira iyo nama.
Afrika yepfo iri mu icurabundi ryo kutagira amashanyarazi
Perezida Cyril Ramaphosa agiye gukorana inama n'abayobozi bamashyaka atandukanye ndetse n'ikigo cya leta gifite mu nshingano gutanga umuriro kitwa (Eskom) kugirango harebwe uburyo icyo kibazo cya cyemuka burundu kuko kiri kugira ingaruka ku gihugu.
Bagabo John