Umupasiteri wo Muri Kenya wakuye umugeni kuri Facebook yatangaje ko ntahantu umuntu atakura umugeni bityo kuba nawe yaramukuye kuri Facebook ntabirenze ikingenzi nuko bafite urugo rwiza rw'intanga rugero
Pasiteri Birech Boaz, usengera mu itorero ry'Abadivantisiti b'Umunsi wa karindwi, yatangaje ko mugihe cya Covid-19 ubwo hari Guma murugo yahise atangira gukoresha ikoranabuhanga cyane harimo na Facebook.
Yaje kubona umwana w'umukobwa witwa Viviane Cheruiyot, wamwifurije kugira isabato nziza hanyuma batangira kujya bandikirana nibwo baje guhura barashimana.

Pasiteri n'Umugore we bamenyaniye kuri Facebook
Ati" twakundaniye kuri Facebook haza kubaho igihe turahura turashimana dutangira umushinga w'ubukwe, ntabwo wavuga ngo kuri Facebook ntamugeni wahakura mupfa kuba mu kundana naho ubundi ntabirenze."
Uyu umukozi w'Imana yavuze ko kuva yakora ubukwe muri 2022 ntakibazo yigeze agirana n'umugore wange tubanye neza arankunda nange nkamukunda.
Bagabo John
