Minisitiri w'ubuzima Dr Daniel Ngamije yabwiye itangazamakuru ko mu minsi irimbere hagiye gutangazwa andi mabwiriza yo kwinda Covid-19.
Minisitiri Ngamije yavuze hari ingamba zigomba kongera gusjyirwamo ingufu.
Ibi bije nyuma yaho mu minsi irindwi mu Rwanda icyorezo cya Covid kimaze guhitana abantu batanu.
Ni mu gihe muri icyo gihe abanduye bo barenga 380. Amahirwe u Rwanda rufite ni uko rumaze kugira umubare munini w’abaturage bakingiwe byuzuye.
Minisiteri y’Ubuzima isobanura ko imibare ya Covid-19 igenzurwa harebewe ku mibare yerekana niba ikigero iriho mu gihugu ari icyo hasi cyangwa se igikabije.

Iyo ubwandu buri hasi y’abarwayi batanu ku baturage ibihumbi 100, biba bivuze ko nta mpungenge zihambaye icyorezo giteye. Umubare w’ubwandu uwushyize ku kigereranyo cy’abaturage bose muri rusange, usanga ko ari 1,6 ku bantu ibihumbi 100.
Ibyo bivuze ko ubwandu bukiri hasi ku buryo hari n’icyizere ko bitatuma ingamba zo kwirinda zivugururwa ku buryo zakazwa kurusha uko byari bimeze.
Minisiteri y'ubuzima itangaje ibi, nyuma yaho OMS yatanze impuruza ku bwiyongere bw’ubwandu bwa Covid-19, isaba ibihugu kongera gukaza ingamba zirimo no kwambara udupfukamunwa mu gihe henshi dusa n’utwirengagijwe.

Umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus
Umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagaragaje ko hari impungenge z’uko ubwandu bukomeje gufata indi ntera.
Bagabo John
