Perezida wa Tanzania Samia Hassan Suluhu hayagaritse ku mirimo umuyobozi yari yashyizeho ku wa kabiri tariki 3 Mutarama 2023
Itangazo ryaturutse mu biro by'umukuru w'igihugu kuri uyu wa kane tariki ya 5 Mutarama 2023 rivuga ko Athumani yahagaritswe ku nshingano yari yatorewe zo kuba Umunyamabanga mukuru mu biro by'umukuru w'igihugu. 
Athumani yahagaritswe amaze iminsi ibiri ahawe inshingano nshya.
Uyu Athumani yasimbujwe uwitwa Mululi Mahendeka nawe yari asanzwe akora mu biro by' Umukuru w'igihugu.

Mu itangazo ntampamvu yatanzwe igaragaza icyatumye uyu Athumani ahagarikwa ku mirimo yari amazeho iminsi 2 gusa
Bagabo John
