•     

Tanzania: Amarushanwa yo kunywa inzoga yahitanye umwe abandi bane barembeye mu bitaro

Abantu batanu bari bashyiriweho amarushanwa yo kunywa inzoga zikaze zo mu bwoko bwa 'Smart Gin', umwe muribo ahasiga ubuzima abandi bane bajyanwa kwa muganga ari intere.

Tanzania: Amarushanwa yo kunywa inzoga yahitanye umwe abandi bane barembeye mu bitaro
Umwe yitabye Imana abandi bane barembeye mu bitaro bazira kunywa inzoga bategewe.

Kuri uyu wa gatanu tariki ya  9 Kamena 2023 Umucuruzi utatangajwe amazina wamaze no gutoroka utuye mu karere ka Siha mu intara ya Moshi, biravugwa ko yari yashyiriyeho abagabo batanu Amarushanwa yo kunywa inzoga zo mu bwoko bwa 'Smart Gin', birangira umwe ahasize ubuzima abandi bane bajyanwa kwa muganga.

Uwo mucuruzi yari yategeye abo bagabo amacupa 9 yizo nzoga ariko ngo bageze ku macupa atanu batangira guta ubwenge arinabwo uwo umwe muri bo  yahise ahasiga ubuzima abandi bahita babirukansa mu bitaro.

Amakuru yatanzwe nabari aho ayo mabara yabereye, bavuga ko uwo mucuruzi yari yemereye abo bagabo ko umuntu uri bumare ayo macupa icyenda yinzoga ari bumuhe 
Umugati, Isukari ndetse n'ibihumbi 50 by'amashiringi.

Izo nzoga batangiye kuzinywa guhera saa sita bigeze saa kumi nibwo batangiye guta ubwenge ndetse biviramo umwe kuhasiga ubuzima.

Bagabo John

Tanzania: Amarushanwa yo kunywa inzoga yahitanye umwe abandi bane barembeye mu bitaro

Tanzania: Amarushanwa yo kunywa inzoga yahitanye umwe abandi bane barembeye mu bitaro
Umwe yitabye Imana abandi bane barembeye mu bitaro bazira kunywa inzoga bategewe.

Abantu batanu bari bashyiriweho amarushanwa yo kunywa inzoga zikaze zo mu bwoko bwa 'Smart Gin', umwe muribo ahasiga ubuzima abandi bane bajyanwa kwa muganga ari intere.

Kuri uyu wa gatanu tariki ya  9 Kamena 2023 Umucuruzi utatangajwe amazina wamaze no gutoroka utuye mu karere ka Siha mu intara ya Moshi, biravugwa ko yari yashyiriyeho abagabo batanu Amarushanwa yo kunywa inzoga zo mu bwoko bwa 'Smart Gin', birangira umwe ahasize ubuzima abandi bane bajyanwa kwa muganga.

Uwo mucuruzi yari yategeye abo bagabo amacupa 9 yizo nzoga ariko ngo bageze ku macupa atanu batangira guta ubwenge arinabwo uwo umwe muri bo  yahise ahasiga ubuzima abandi bahita babirukansa mu bitaro.

Amakuru yatanzwe nabari aho ayo mabara yabereye, bavuga ko uwo mucuruzi yari yemereye abo bagabo ko umuntu uri bumare ayo macupa icyenda yinzoga ari bumuhe 
Umugati, Isukari ndetse n'ibihumbi 50 by'amashiringi.

Izo nzoga batangiye kuzinywa guhera saa sita bigeze saa kumi nibwo batangiye guta ubwenge ndetse biviramo umwe kuhasiga ubuzima.

Bagabo John