Jesca Magufuli, akaba umukobwa wa nyakwigendera Perezida Dr. John Pombe Magufuli, uyu munsi ku ya 28 Kamena 2025, yafashe ifishi ku mugaragaro imwemerera kwiya kwiyamamariza umwanya w’inteko ishinga amategeko y’imyanya idasanzwe binyuze mu ihuriro ry’urubyiruko rw’igihugu rwa CCM (UVCCM).
Jesca Magufuli wamenyekanye nk'ijwi ry'icyizere ku rubyiruko n'abagore bo muri Tanzaniya, aharanira indangagaciro, uburenganzira ndetse n'iterambere rihuriweho na bose, aho agamije kuzana ingufu nshya z'urubyiruko mu Nteko ishinga amategeko, akagenzura gahunda z'iterambere z'urubyiruko, abagore ndetse na sosiyete muri rusange

Jeska Magufuli
Jesca Magufuli akimara gufata iyi fomu, yagize ati: "Niteguye gukorera Abanyatanzaniya, ubunyangamugayo, ubumwe kandi nshyira imbere inyungu z'Urubyiruko n'Abagore, bo mu nyara ya Geita mu rwego rwoguharanira impinduka nziza."
Bagabo John
