Minisitiri w'Intebe wa Tanzania Mwigulu Nchemba, yabwiye Itangazamakuru ko leta itabarura abantu baguye mu mvururu za kurikiye amatora nk'ababarura imitungo nk'amazu n'ibindi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Ugushyingo 2025, Minisitiri w'Intebe Mwigulu Nchemba, yagiranye ikiganiro n'itangazamakuru kibanze ku bibazo bitandukanye birimo n'ikijyanye n'imvururu ziheruka nyuma y'amatora yabaye kuri 29 Ukwakira 2025.
Muri icyo kiganiro Umunyamakuru yabajije Minisitiri w'Intebe impamvu Leta yatangaje imibare y'ibyangirikiye mu myigaragambyo ariko ntibatangaze imibare y'abitabye Imana ndetse n'ababuriwe irengero.

Mugusubiza icyo kibazo Minisitiri w'Intebe Mwigulu yagize ati" Muri ibi bihe abantu babuze ababo muragirango dutangire kubarura nk'ababarura imitungo nk'amazu, Imodoka n'ibindi? Ntabwo twakora gutyo kuko ubuzima bw'umuntu tugomba ku bwubaha, Imiryango yababuze ababo irababaye turabizi, kujyaho tugatangaza imibare y'abapfuye nkaho ari abana bavutse ntabwo twabikora.

Hari hashyize iminsi ibitangazamakuru byo muri Tanzania byibaza impamvu Leta yatangaje imibare y'ibyangirijwe mu mvururu ariko ntihatangazwe abahaburiye ubuzima.
Bagabo John
