Umusaza witwa Iddy Nzella Maganga wimyaka 89 yafashe icyemezo cyo gusenya inzu ze ebyeri zifite agaciro ka Miliyoni 200 z'amashilingi kubera ko abanabe banze gukora ahubwo bakaba bategereje ko azapfa bagasigarana iyo mitungo ye
Uyu musaza yatangarije ikinyamakuru Mwananchi ko yafashe kino cyemezo yabitekerejeho mu rwego rwoguha isomo abana banga gukora ngo bategereje ku zasigarana imitungo y'ababyeyi mu gihe bazaba bapfuye.
Yagize ati" iyi ni mitungo yange nashakanye na nyina waba bana nubwo atakiriho, ifite agaciro ka mashilingi Miliyoni 200, bano bana banze gukora ngo bategereje ko nzapfa bagasigarana iyi mitungo.

Icyateye uyu musaza kugira uyu mujinya, byatewe n'umuhunguwe witwa Abdalah Maganga wasanze murugo uyu musaza akamukingirana munzu icyumweru cyose atarya akaza gutabarwa n'umukwe we ubwo bari baje ku musura n'umukobwawe.

Inzu yashenye uko ari ebyiri zifite agaciro kangana na Miliyoni 200 za Mashilingi ya Tanzania
Uyu musaza afite abana batandatu, nyuma yo kwisenyeraho ayo mazu yahise ajya kuba ku mukobwawe ubuzima bwe asigaje kubaho.
Bagabo John.
