Perezida wa Kenya William Ruto yavuze agiye kubaka urusengero mu Ngoro y'Umukuru w'igihugu kandi ngo ntabwo azabosabira imbabazi
Perezida William Ruto yavuze ko we yemera Imana bityo kuba azubaka Urusengero mu Ngoro y'umukuru w'igihugu atazabisabira imbabazi.
Ati" Tuzubaka urusengero rw'Imana Shitani nishaka irakare izakore icyo ishaka cyose, ikindi nuko ntazabisabira imbabazi "
Perezida Ruto yavuze ko urwo Rusengero azubaka azakoresha amashilingiye atari aya leta.

Ibi bije nyuma y'iminsi ibiri ku mbugankoranya banenga Perezida Ruto kuba agiye gusesagira umutungo w'igihugu ngo arubaka urusengero.
Amakuru avuga ko urwo Rusengero nirwuzura ruzaba rufite ubushobozi bwo kwakira abantu 8,000
Bagabo John
