•     

Umunyeshuri wa Kaminuza yatawe muri yombi azira kwica umukunzi we akoresheje lisansi

Polisi yo mu Ntara ya Dodoma muri Tanzania yatangaje ko yataye muri yombi Filbert Philimon w’imyaka 23, umunyeshuri wa Kaminuza ya St. John’s, akekwaho kugira uruhare mu gutwika inzu byateje urupfu rw’abanyeshuri babiri, Rebeka James na Felister Peter.

Umunyeshuri wa Kaminuza yatawe muri yombi azira kwica umukunzi we akoresheje lisansi
Umunyeshuri wa Kaminuza yatawe muri yombi azira kwica umukunzi we akoresheje lisansi

Nk’uko Polisi yabitangaje ku wa 14 Kamena 2026, icyo gikorwa cyabaye mu rukerera rwo ku wa 7 Kamena 2026 ahagana saa munani z’ijoro, mu gace ka Kikuyu ko mu Mujyi wa Dodoma.
Polisi yavuze ko nyuma y’iperereza ryihuse ryifashishije amakuru y’ubutasi n’ubundi buryo bw’iperereza, habonetse ibimenyetso byuko uwo munyeshuri Filbert ariwe wagize uruhare mu rupfu rwabo banyeshuri babiri barimo n'umukunzi we.

Yatawe muri yombi ku wa 13 Kamena 2026 muri Gare ya Magufuli ubwo yari mu mugambi wo guhunga ubutabera.

Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano avuga ko ukekwaho icyaha yemeye ko yagize uruhare muri icyo gikorwa, asobanura ko yakoresheje litiro ebyiri za lisansi mu gutwika iyo nzu.

Bivugwa ko intandaro y’icyo gikorwa yaba ari amakimbirane ashingiye ku rukundo, nyuma y’uko umubano yari afitanye na nyakwigendera Felister Peter Francis urangiye, akaza gukundana n’undi mugabo.

Bagabo John 

Umunyeshuri wa Kaminuza yatawe muri yombi azira kwica umukunzi we akoresheje lisansi

Umunyeshuri wa Kaminuza yatawe muri yombi azira kwica umukunzi we akoresheje lisansi
Umunyeshuri wa Kaminuza yatawe muri yombi azira kwica umukunzi we akoresheje lisansi

Polisi yo mu Ntara ya Dodoma muri Tanzania yatangaje ko yataye muri yombi Filbert Philimon w’imyaka 23, umunyeshuri wa Kaminuza ya St. John’s, akekwaho kugira uruhare mu gutwika inzu byateje urupfu rw’abanyeshuri babiri, Rebeka James na Felister Peter.

Nk’uko Polisi yabitangaje ku wa 14 Kamena 2026, icyo gikorwa cyabaye mu rukerera rwo ku wa 7 Kamena 2026 ahagana saa munani z’ijoro, mu gace ka Kikuyu ko mu Mujyi wa Dodoma.
Polisi yavuze ko nyuma y’iperereza ryihuse ryifashishije amakuru y’ubutasi n’ubundi buryo bw’iperereza, habonetse ibimenyetso byuko uwo munyeshuri Filbert ariwe wagize uruhare mu rupfu rwabo banyeshuri babiri barimo n'umukunzi we.

Yatawe muri yombi ku wa 13 Kamena 2026 muri Gare ya Magufuli ubwo yari mu mugambi wo guhunga ubutabera.

Amakuru atangwa n’inzego z’umutekano avuga ko ukekwaho icyaha yemeye ko yagize uruhare muri icyo gikorwa, asobanura ko yakoresheje litiro ebyiri za lisansi mu gutwika iyo nzu.

Bivugwa ko intandaro y’icyo gikorwa yaba ari amakimbirane ashingiye ku rukundo, nyuma y’uko umubano yari afitanye na nyakwigendera Felister Peter Francis urangiye, akaza gukundana n’undi mugabo.

Bagabo John