•     

Umwana wari watangajwe ko yapfuye yabonywe ari muzima mu buruhukiro

Umwana w’imyaka 18 y’amavuko wo muri Leta ya Arizona muri Amerika witwa Vincent Lorenzo Fiordilino, byari byemejwe n'abaganga ko yitabye Imana, nyuma y'amasaha atanu ari mu buruhukiro basanze agihumeka.

Umwana wari watangajwe ko yapfuye yabonywe ari muzima mu buruhukiro
Umwana wari watangajwe ko yapfuye yabonywe ari muzima mu buruhukiro.

Amakuru avuga ko uwo mwana yari yarohamye mwogero buzwi nka Piscine, kuri iki cyumweru tariki ya 5 Nyakanga 2026.  maze bahita bamutwara mu bitaro bya Mercy Gilbert Medical Center, aho abaganga bo mu ishami  ry'ubutabazi bahise bihutira ku muha ubuvuzi ariko nyuma y'igihe gito ariho ahabwa ubuvuzi, abo baganga bahise batangariza umuryango we ko Umwana wabo amaze gushyiramo umwuka.

Nyuma bahise bamutwara mu buruhukiro bw'itaro, ariko igisa n'igitangaza nyuma y'amasaha agera kuri atanu, abakozi bo mu buruhukiro baje gusanga uwo mwana agihumeka maze bihutira kubibwira abaganga bahita bamukuramo batangira ku mwitaho.

Uwo mwana yaje ku mererwa neza ndetse ahita atahana n'umuryango we mu rugo.

Nyuma yaho uwo mwana akize agahita anataha, hatangiye kwibazwa ku mikorere y'igenzura ry'ubuzima bw'umuntu mbere yuko abaganga batangaza ko umuntu yitabye Imana ndetse agahita anatwara mu buruhukiro.

Bagabo John

Umwana wari watangajwe ko yapfuye yabonywe ari muzima mu buruhukiro

Umwana wari watangajwe ko yapfuye yabonywe ari muzima mu buruhukiro
Umwana wari watangajwe ko yapfuye yabonywe ari muzima mu buruhukiro.

Umwana w’imyaka 18 y’amavuko wo muri Leta ya Arizona muri Amerika witwa Vincent Lorenzo Fiordilino, byari byemejwe n'abaganga ko yitabye Imana, nyuma y'amasaha atanu ari mu buruhukiro basanze agihumeka.

Amakuru avuga ko uwo mwana yari yarohamye mwogero buzwi nka Piscine, kuri iki cyumweru tariki ya 5 Nyakanga 2026.  maze bahita bamutwara mu bitaro bya Mercy Gilbert Medical Center, aho abaganga bo mu ishami  ry'ubutabazi bahise bihutira ku muha ubuvuzi ariko nyuma y'igihe gito ariho ahabwa ubuvuzi, abo baganga bahise batangariza umuryango we ko Umwana wabo amaze gushyiramo umwuka.

Nyuma bahise bamutwara mu buruhukiro bw'itaro, ariko igisa n'igitangaza nyuma y'amasaha agera kuri atanu, abakozi bo mu buruhukiro baje gusanga uwo mwana agihumeka maze bihutira kubibwira abaganga bahita bamukuramo batangira ku mwitaho.

Uwo mwana yaje ku mererwa neza ndetse ahita atahana n'umuryango we mu rugo.

Nyuma yaho uwo mwana akize agahita anataha, hatangiye kwibazwa ku mikorere y'igenzura ry'ubuzima bw'umuntu mbere yuko abaganga batangaza ko umuntu yitabye Imana ndetse agahita anatwara mu buruhukiro.

Bagabo John