Umunyeshuri witwa Gunze Luhangija, wigaga mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza mu ishami ry'icungamutungo mu Ntara ya Moshi muri Tanzania yapfuye yiyahuye nyuma yaho umukobwa ba kundanaga amubenze
Amakuru aturuka mu kigo uwo musore yigagaho cya Moshi, avuga ko uwo musore yagiranye amakimbirane n'umukunzi we aho ngo yamwishyuriraga inzu yo kubamo ndetse mu minsi ishize ngo yari yamuguriye Telephone yo mubwoko bwa iPhone ariko birangira umukobwa amubwiye ko batakiri inshuti ko afite undi mukunzi.
Abayeshuri biganaga na Nyakwigendera bavuze ko bitewe no ku nanirwa kwiyakira aribyo byatumye afata icyo cyemezo cyo kwiyambura ubuzima.
Ntabwo ari ubwambere uyu nyakwigendera yiyahuye kuko na tariki ya 4 Mutarama 2023 nabwo yanyweye umuti wica ariko bamutwara kwa muganga arakira, usibye ko kuriyi nshuro ntacyo byatanze ku kuko yageze kwa muganga yamaze gushyiramo umwuka tariki ya 7 Mutarama 2023
Bagabo John