Umugani ngo "Uwagiciye inkondo si we wagicunzemo" usobanura ko utangiye igikorwa runaka atari we buri gihe urangiza cyangwa ugerwaho n'inyungu zacyo. Bishatse kuvuga ko umuntu ashobora kuba ari we watangije ikintu, agaharanira ko gikorwa, ariko nyuma y'igihe abandi bakaba ari bo bagikuramo inyungu cyangwa bakakibyaza umusaruro.
Impamvu ntangije uyu mugani wa Kinyarwanda, nukugirango mbasangize uburyo inteko ishinga amategeko ya Tanzania, yatangijwe na Nyakwigendera Perezida Dr Pombe Magufuri igasozwa na Perezida Hassan Samia Suluhu ndetse Ubwo iyo nteko yarahiraga yatangiranye na Perezida w'inteko Job Ndugai, ikaba ishojwe iyobowe na Dr Turia Ackson.
Inteko shingamategeko ya Tanzania ya 12 yagiyeho tariki 1Ugushyingo 2021, ubwo nyakwigendera Perezida Magufuri yari atangiye Manda ye yakabiri, itangirana na Perezida w'inteko ishinga amategeko Job Ndugai.

Nyakwigendera Perezida Dr John Pombe Magufuri arikumwe n'uwahoze ari Perezida w'inteko Job Ndugai
Kuri uyu wa gatanu nibwo Perezida Samia yasheshe imirimo yose y'inteko mu rwego rwo kwitegura amatora ateganyijwe uyu mwaka.
Kuba iyi nteko ishinga amategeko yaratangijwe na Perezida Magufuri ndetse na Perezida w'inteko Job Ndugai, ikaba ishojwe na Perezida Samia hamwe na Perezida w'inteko Dr Acskon Turia, byahise bijya mu mateka ya Tanzania kuva yabona ubwigenge ko aribwo bwambere mu mateka inteko ishinga amategeko Perezida w'igihigu ndetse na Perezida w'inteko bose ntanumwe ukiri mu nshingano mu gihe cyogusoza imirimo y'inteko.

Job Ndugai yeguye nyuma yo kuvuga ko Leta ya Tanzania ishobora kuzatezwa cyamunara kubera imyenda ibereyemo Amahanga
Aha niho Abanyarwanda bahereye baca umugani ngo uwagiciye inkondo siwe wagicunzemo.
Tubibutse ko uwari Perezida w'inteko Job Ndugai, yeguye ku rizo nshingano tariki ya 6 Mutarama 2022 nyuma yaho abwiye inteko ishinga amategeko ko harigihe Leta ya Tanzania izatezwa cyamunara kubera imyenda ibereyemo Amahanga.

Inteko ishoje imirimo yayo iyobowe na Dr Ackson Turia
Naho Perezida Magufuri we yatabarutse tariki ya 18 Weruwe muri 2021 azize guhagarara ku mutima nkuko byatangajwe na Perezida Sami icyo gihe wari Visi Perezida.

Perezida Samia niwe washoje imirimo yose y'inteko kubera imyiteguro y'amatora
Nyuma yogusesa ibikorwa by'inteko, kuri uyu wagatandatu bamwe mubahoze ari abayobozi batandukanye baranganjwe imbere na Paul Makonda uherutse gukurwa kubuyobozi bw'Intara ya Arusha, bafashe ibyangombwa bibemerera guhatanira umwanya w'ubudepite mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa Cumi uyu mwaka 2025.
Bagabo John
