Intumwa za Rubanda muri Tanzania zagaragaje impungenge ubwiyongere bw'inda zatewe abanyeshuri umwaka ushize wa 2021-2022 aho ari 9,011
Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y'uburezi Sayansi na Teknolojia, Omary Kipanga, ubwo yasubizaga ikibazo yari abagijwe n'intumwa ya Rubanda ubwo inteko yari yateranye kuri uyu wa 31 Mutarama 2023 kijyanye n'umubare w'abanyeshuri batewe inda ndetse nabamaze usubira mu inshuri nyuma yaho Perezida Samia atanze itegeko yuko abakobwa batewe inda bakava mu ishuri bagomba kurisuburamo.
Ati" muri 2021 na 2022 abanyeshuri bo mu mashuri abanza batewe inda ni 1,554 naho abiga muri Segonderi ni 7,457.
Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y'uburezi Omary Kipanga.
Ku kibazo cy'abana basubiye ku ishuri bamaze kubyara kuva tariki yambere Mutarama 2023 abamaze gusubirayo ni 1,692
Perezida w'umutwe w'intumwa za Rubanda Ackson Turia yasabye ko abagabo abagize urihare mu gutera inda bariya bana babanyeshuri batabwa muriyombi bagashyikirizwa ubutabera, kandi anavuga ko iriya mibare by'umwihariko abiga muri Segonderi ari benshi bagomba kurebwa aho ikibazo kiri.
Bagabo John