•     

Karongi: Umwarimu yishwe atewe icyuma azira umwenda w'ibihumbi 18

Mu karere ka Karongi haravugwa inkuru y'umwarimu  witwa Twagirayesu Jean Jafari ufite imyaka 63 y’amavuko wigishaga ku kigo cy’amashuri cya GS Nkoto yishwe atewe icyuma mu mutima ahita ahasiga ubuzima kuri uyu wa 28/6/2022, azira umwenda w'amafaranga ibihumbi 18

Karongi: Umwarimu yishwe atewe  icyuma azira umwenda w'ibihumbi 18

Muhayimana Annonciata usanzwe ari umucuruzi biravugwa ko yateye icyuma uriya nyakwigendera bapfuye umwenda w'amafaranga ibihumbi icumi n'umunani  18000 yari yaramugurije.

Muri ayo makimbirane Twagirayesu  akaba yaremeraga ko abereyemo umwenda uwo  mucuruzi ungana n' ibihumbi 10 ni mugihe uwo mucuruzi yavugaga ko ari ibihumbi 18 yamugurije.

Kugeza ubu inzego z'ubugenzacyaha RIB zitangaza ko Annonciata ari mu bugenzacyaha kuri sitasiyo ya RIB ya Gashari.

Bagabo John.

Karongi: Umwarimu yishwe atewe icyuma azira umwenda w'ibihumbi 18

Karongi: Umwarimu yishwe atewe  icyuma azira umwenda w'ibihumbi 18

Mu karere ka Karongi haravugwa inkuru y'umwarimu  witwa Twagirayesu Jean Jafari ufite imyaka 63 y’amavuko wigishaga ku kigo cy’amashuri cya GS Nkoto yishwe atewe icyuma mu mutima ahita ahasiga ubuzima kuri uyu wa 28/6/2022, azira umwenda w'amafaranga ibihumbi 18

Muhayimana Annonciata usanzwe ari umucuruzi biravugwa ko yateye icyuma uriya nyakwigendera bapfuye umwenda w'amafaranga ibihumbi icumi n'umunani  18000 yari yaramugurije.

Muri ayo makimbirane Twagirayesu  akaba yaremeraga ko abereyemo umwenda uwo  mucuruzi ungana n' ibihumbi 10 ni mugihe uwo mucuruzi yavugaga ko ari ibihumbi 18 yamugurije.

Kugeza ubu inzego z'ubugenzacyaha RIB zitangaza ko Annonciata ari mu bugenzacyaha kuri sitasiyo ya RIB ya Gashari.

Bagabo John.