•     

Munshimirire Perezida Kagame ubu nabonye Umugeni" Umukecuru Bukobwa".

Umukecuru Bukobwa Tereza, w'ubakiwe inzu agahabwa n'inka yise (Umugeni) yasabye abayobozi barimo intumwa ya Miniisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu kumushimirira Perezida wa Repubulika y'Urwanda Paul Kagame kuko ibyo yabonye ariwe abikesha.

Munshimirire Perezida Kagame ubu nabonye Umugeni" Umukecuru Bukobwa".
Bukobwa Teleza yasabiye umugisha Perezida Paul Kagame no kuzaguma ku Ngoma.

Mu muhango wo gusoza Urugerero inkomezabigwi rigizwe n'abanyeshuri basoje amashuri  yisumbuye  wabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2023 mu karere ka Gakenke.

Mu bikorwa byakozwe nurwo rugerero rw'inkomezabigwi harimo  kubakira abatishoboye, Uturima tw'igikoni ndetse n'ibikorwa by'isuku n'isukura.

Mu bubakiwe harimo Umukecuru witwa Bukobwa Teleza ufite imyaka 90 utuye mu karere ka Gakenke umurenge wa Gakenke.

Uyu mukecuru yashimye byimazeyo  ruriya rubyiruko rw'inkomezabigwi kubikorwa by'indashyikirwa bakoze harimo no kubona inzu yo kubamo, nyuma y'igihe kinini yari amaze anyagirwa n'imvura bitewe nuko yabaga munzu itameze neza.

Inzu Umukecuru Bukobwa yubakiwe n'urugero rw'inkomezabigwi 

Yagize ati" Umutoza w'ikirenga Paul Kagame yatoje urubyiruko umuco mwiza w'urukundo,  urwo rukundo nirwo rutumye uyu munsi mbona aho kuba ndetse nkaba nabonye n'Umugeni ( Inka)  

Inka yahawe Bukobwa Teleza 

Uyu mukecuru yahise asaba abayobozi ku mushimirira Perezida wa Repubulika y'Urwanda Paul Kagame kuko ibi byose ariwe abikesha, anamusabira kuzaguma ku ngoma ibihe byose.

Akarere ka Gakenke niko kabaye akambere mu gihugu mu bijyanye n'urugerero rw'inkomezabigwi aho kahembwe inka niyayo yiswe Inka y'ubumanzi.

Bagabo John

Munshimirire Perezida Kagame ubu nabonye Umugeni" Umukecuru Bukobwa".

Munshimirire Perezida Kagame ubu nabonye Umugeni" Umukecuru Bukobwa".
Bukobwa Teleza yasabiye umugisha Perezida Paul Kagame no kuzaguma ku Ngoma.

Umukecuru Bukobwa Tereza, w'ubakiwe inzu agahabwa n'inka yise (Umugeni) yasabye abayobozi barimo intumwa ya Miniisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu kumushimirira Perezida wa Repubulika y'Urwanda Paul Kagame kuko ibyo yabonye ariwe abikesha.

Mu muhango wo gusoza Urugerero inkomezabigwi rigizwe n'abanyeshuri basoje amashuri  yisumbuye  wabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2023 mu karere ka Gakenke.

Mu bikorwa byakozwe nurwo rugerero rw'inkomezabigwi harimo  kubakira abatishoboye, Uturima tw'igikoni ndetse n'ibikorwa by'isuku n'isukura.

Mu bubakiwe harimo Umukecuru witwa Bukobwa Teleza ufite imyaka 90 utuye mu karere ka Gakenke umurenge wa Gakenke.

Uyu mukecuru yashimye byimazeyo  ruriya rubyiruko rw'inkomezabigwi kubikorwa by'indashyikirwa bakoze harimo no kubona inzu yo kubamo, nyuma y'igihe kinini yari amaze anyagirwa n'imvura bitewe nuko yabaga munzu itameze neza.

Inzu Umukecuru Bukobwa yubakiwe n'urugero rw'inkomezabigwi 

Yagize ati" Umutoza w'ikirenga Paul Kagame yatoje urubyiruko umuco mwiza w'urukundo,  urwo rukundo nirwo rutumye uyu munsi mbona aho kuba ndetse nkaba nabonye n'Umugeni ( Inka)  

Inka yahawe Bukobwa Teleza 

Uyu mukecuru yahise asaba abayobozi ku mushimirira Perezida wa Repubulika y'Urwanda Paul Kagame kuko ibi byose ariwe abikesha, anamusabira kuzaguma ku ngoma ibihe byose.

Akarere ka Gakenke niko kabaye akambere mu gihugu mu bijyanye n'urugerero rw'inkomezabigwi aho kahembwe inka niyayo yiswe Inka y'ubumanzi.

Bagabo John