Sudan y'Epfo: Perezida Salva Kiir, yatangaje ko imyitegura y'amatora ategerejwe umwaka utaha 2024 irimbanyije kandi aboneraho no kubwira abaturage ko nawe aziyamamaza.
Kuri uyu wakabiri tariki ya 4 Nyakanga 2023, Salva Kiir, yavuze ko n'ubwo imyiteguro y'amatora yakomeje kugenda biguruntege ariko ntagisibya amatora azakorwa kandi nawe aziyamamaza.
Kuva Sudani y'Epfo yabona ubwigenge muri 2011, yahise iyoborwa na Perezida Salva Kiir.

Perezida Salva Kiir azahurira mu matora na Riek Machar usanzwe utavuga rumwe na we.
Byari byitezwe ko mu kwezi kwa Gashyantare 2023 aribwo ibikorwa byose bijyanye n'amatora byagombaga kuba byarashojwe harimo no gutora itegeko nshinga.
Ibi Perezida Salva Kiir yabitangarije abayoboke bishyaka rye ryitwa People's Liberation Movement.
Usibye Perezida Kiir wamaze gutangaza ko aziyamamaza mu matora yo muri 2024, Riek Machar utavuga rumwe na Perezida Kiir nawe yamaze kwemeza ko azahatana mu matora na Perezida Salva Kiir.
Bagabo John
