Uwahoze ari Perezida w'Inteko ishinga Amategeko yatanzania kuri manda ishoje Dr Aksoni Tulia yakuyemo kandidatire ye mubantu batandatu bashaka guhatanira umwanya wokuba Perezida w'Inteko ishinga Amategeko .
Inkuru ikinyamakuru rubanda cyari cyatangaje kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Ugushyingo 2025 yavugaga ko abadepite batandatu barimo na Dr Aksoni Tulia, bari batanze kandidatire zabo kugirango bahatanire umwanya wa Perezida w'Inteko ishinga Amategeko.

Gusa byageze ku gicamunsi ikinyamakuru rubanda kibona andi makuru gikesha ikinyamakuru Millardayo ko Dr Aksoni Tuliya yamaze gutangaza ko yamaze gukuramo kandidatire ye ku mwanya wa Perezida w'Inteko ishinga Amategeko., gusa ntabwo higeze hatangazwa impamvu yatumye Dr Tulia akuramo iyo kandidatire.

Kugeza ubu abantu batanu nibo basigaye ngo bahatanire uwo mwanya wokuba Perezida w'Inteko ishinga Amategeko.
Abasesenguzi mu byapolitike muri Tanzania, bavuze ko muri abo bantu batanu basigaye umuntu ahabwa amahirwe yokuyobora inteko ishinga Amategeko ari uwitwa Porofeseri Palamagamba Kabudi, usanzwe ari Umunyamategeko., akaba anamaze imyaka myinshi ari ntumwa ya rubanda muri Tanzania.
Bagabo John
