Tundu Lissu yatorewe kuba Umuyobozi mushya w’ishyaka riharanira demokarasi n’iterambere (CHADEMA), atsinda uwamubanjirije, Freeman Mbowe wari umaze imyaka 21 ku buyobozi.
Ni mu matora yabaye kuri uyu wakabiri tariki ya 21 Mutarama 2025, akaba yabereye mu Umujyi wa Mlimani, Dar es Salaam.

Mbowe yemeye ko yatsinzwe maze ashimira Lissu avuga ko yitegura gushyigikira ubuyobozi bwe bushya.
Amatora yo gushaka Umuyobozi w'ishyaka riharanira Demokarasi n'iterambere (CHADEMA ) muri Tanzania, yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 21 Mutarama 2025 . Yarangiye Tundu Lissu atsinze Freeman Mbowe wari umaze imyaka 21 kuri uwo mwanya.
Lissu yabonye amajwi 513 ahwanye na 51.5%
Ni mugihe Freeman Mbowe yabonye amajwi 482 ahwanye na 48.3%
Uyu Tindu Lissu ni nawe Ishyaka rizatangaho umukandida kumwanya w'Umukuru w'Igihigu mu matora ateganyijwe mu kwa Cumi uyu mwaka.
Bagabo John
