Umugore muri Kenya yareze umugabo mu rukiko avuga ko yanga kwita ku mwana babyaranye ni mugihe umugabo yasabye urukiko ko babanza bagakora ibizamini bya DNA kuko atizera ko uwo mwana ari uwe
Uwo mugore yavuze ko kuba umugabo ashaka ko babanza gukoresha ibizamini ngo amenye neza niba koko uwo mwana ari uwe, ngo ni urwitwazo bimwe bavuga ngo umwana amenywa na Nyina.
Ubwo bitababaga urukiko rwa Eldoret kuwagatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023.
Umugore yavuze ko umugabo yanze kwita ku mwana babyaranye avuga ko atari uwe nyamara abizi neza ko ariwe, Ati" Yanga kwita ku mwana akavuga ko umwana atari uwe bityo akitwaza ko abanza gukorwa ibizamini bya DNA ngo abone kwemera ko umwana ari uwe."

Yasabye urukiko ko babanza bagakoresha ibizamini bya DNA akabona kwita ku mwana
Umugabo mu kwiregura yavuze ko nyuma yo kumenya ko uwo mugore afite abandi Bagabo bacudikanye nuwo mugore yahise yumva ko ntakizere yuko uwo mwana yaba ari uwe.
Ati" nge ndemera gutanga ikiguzi cyose gisabwa ariko hafatwe ibizamini bya DNA kuko nshobora kuzarera umwana ufite ise utari njye, koko uyu mugore afite abandi Bagabo yirirwa akururana nabo bityo ntakizere ko uyu mwana yaba ari uwange."
Urubanza ruzakomeza tariki ya 27 Gashyantare 2023
Bagabo John
