Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y'u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano, yasabye Abayobozi ba za Sitasiyo za Polisi, gushimangira icyizere abaturage bagirira Polisi y'u Rwanda ndetse nokwimakaza ubuyobozi bushingiye ku bunyangamugayo.
Ibi CP Vincent Sano yabivugiye I Mayange mu Karere ka Bugesera, kuri uyu wa 3 Nyakanga 2026 Ubwo yasozaga ku mugaragaro amahugurwa y'abayobozi ba za Sitasiyo za Polisi (Station Commanders' Course), icyiciro cya 03/26.

Mu butumwa yatanze CP Sano, yasabye aba bayobozi kwimakaza ubuyobozi bushingiye ku bunyangamugayo, ubunyamwuga n'imyitwarire myiza, no kurushaho kubaka no gushimangira icyizere abaturage bagirira Polisi y'u Rwanda binyuze muri serivisi ziboneye kandi zinoze.
Bagabo John
