•     

Imamu wari Umutinganyi ndetse agasezeranya abahuje ibitsina yishwe arashwe

Imamu Muhsin Hendricks wari Umuyobozi w’Umusigiti muri Afurika y’Epfo wari usanzwe yemera ko ari Umutinganyi ndetse abashaka kubana akabasezeranya, yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana.

Imamu  wari Umutinganyi ndetse agasezeranya  abahuje ibitsina yishwe arashwe
Imamu wari Umutunganyi ndetse agasezeranya abahuje ibitsina yishwe arashwe

Polisi ikaba yatangaje ko Imamu Muhsin Hendricks w'inyaka 58 yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025.


BBC ikinyamakuru Rubanda gikesha iyi nkuru, cyanditse ko uyu Muhsin Hendricks yari asanzwe Ari Umuvugizi w'abantu babarizwa mu muryango w’abaryamana n’abo bahuje ibitsina (LGBTQIA+) muri Afurika y’Epfo.


Kugeza ubu ntabwo haramenyekana  impamvu Muhsin Hendricks yishwe usibye ko hacyekwa  yuko yaba yazize kuba ari Umutinganyi ndetse akaba yajyaga ashyingira abifuza kubana bahuje ibitsina

Muhsin Hendricks mu mwaka  1996 yatangaje ku mugaragaro  ko aryamana n’abantu bahuje ibitsina, ndetse aba arinawe uba umuntu wa mbere ku Isi wiyemereye ko ari Umutinganyi kandi ari n'umuyobozi w'umusigiti

Ku mbuga nkoranyambaga,  hiriwe hacicikana amakuru yuko Muhsin Hendricks Yaba yishwe ubwo yari agiye gusezeranya  abagore babiri , gusa aya makuru ntarwego na rumwe  rurayemeza haba na Polisi.

Bagabo John

Imamu wari Umutinganyi ndetse agasezeranya abahuje ibitsina yishwe arashwe

Imamu  wari Umutinganyi ndetse agasezeranya  abahuje ibitsina yishwe arashwe
Imamu wari Umutunganyi ndetse agasezeranya abahuje ibitsina yishwe arashwe

Imamu Muhsin Hendricks wari Umuyobozi w’Umusigiti muri Afurika y’Epfo wari usanzwe yemera ko ari Umutinganyi ndetse abashaka kubana akabasezeranya, yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana.

Polisi ikaba yatangaje ko Imamu Muhsin Hendricks w'inyaka 58 yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025.


BBC ikinyamakuru Rubanda gikesha iyi nkuru, cyanditse ko uyu Muhsin Hendricks yari asanzwe Ari Umuvugizi w'abantu babarizwa mu muryango w’abaryamana n’abo bahuje ibitsina (LGBTQIA+) muri Afurika y’Epfo.


Kugeza ubu ntabwo haramenyekana  impamvu Muhsin Hendricks yishwe usibye ko hacyekwa  yuko yaba yazize kuba ari Umutinganyi ndetse akaba yajyaga ashyingira abifuza kubana bahuje ibitsina

Muhsin Hendricks mu mwaka  1996 yatangaje ku mugaragaro  ko aryamana n’abantu bahuje ibitsina, ndetse aba arinawe uba umuntu wa mbere ku Isi wiyemereye ko ari Umutinganyi kandi ari n'umuyobozi w'umusigiti

Ku mbuga nkoranyambaga,  hiriwe hacicikana amakuru yuko Muhsin Hendricks Yaba yishwe ubwo yari agiye gusezeranya  abagore babiri , gusa aya makuru ntarwego na rumwe  rurayemeza haba na Polisi.

Bagabo John