Imamu Muhsin Hendricks wari Umuyobozi w’Umusigiti muri Afurika y’Epfo wari usanzwe yemera ko ari Umutinganyi ndetse abashaka kubana akabasezeranya, yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana.
Polisi ikaba yatangaje ko Imamu Muhsin Hendricks w'inyaka 58 yishwe arashwe n'abantu bataramenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025.
BBC ikinyamakuru Rubanda gikesha iyi nkuru, cyanditse ko uyu Muhsin Hendricks yari asanzwe Ari Umuvugizi w'abantu babarizwa mu muryango w’abaryamana n’abo bahuje ibitsina (LGBTQIA+) muri Afurika y’Epfo.

Kugeza ubu ntabwo haramenyekana impamvu Muhsin Hendricks yishwe usibye ko hacyekwa yuko yaba yazize kuba ari Umutinganyi ndetse akaba yajyaga ashyingira abifuza kubana bahuje ibitsina
Muhsin Hendricks mu mwaka 1996 yatangaje ku mugaragaro ko aryamana n’abantu bahuje ibitsina, ndetse aba arinawe uba umuntu wa mbere ku Isi wiyemereye ko ari Umutinganyi kandi ari n'umuyobozi w'umusigiti
Ku mbuga nkoranyambaga, hiriwe hacicikana amakuru yuko Muhsin Hendricks Yaba yishwe ubwo yari agiye gusezeranya abagore babiri , gusa aya makuru ntarwego na rumwe rurayemeza haba na Polisi.
Bagabo John
