•     

Tanzania: Abazigaragambya bazakoresha intwaro- Umuvugizi wa Polisi

Umuvugizi wa Polisi ya Tanzania David Misime, yavuze ko bamenye amakuru ko abategura imyigaragambyo yo ku wakabiri tariki ya 9 Ukuboza 2025, bazakoresha intwaro.

Tanzania: Abazigaragambya bazakoresha intwaro- Umuvugizi wa Polisi
Abazigaragambya bazakoresha intwaro

Amakuru yatanzwe n'umuvugizi  wa Polisi DCP David Misime,  kuri uyu wa gatatu tariki ya 3 Ukuboza 2025.  yavuzeko igipolisi kiteguye guhangana n'ibyo bikorwa  biriho bitegurwa n'abashaka guhungabanya umutekano w'igihugu. 

Ati" Amakuru twamenye ni uko abategura imyigaragambyo bateguje ko , umuntu uzaba atazi gukoresha intwaro ndetse utarabitorejwe, uwo munsi ntazafate intwaro, muzareke zikoreshwe n'ababiherewe imyitozo".

Mu byo abazakora imyigaragambyo bavuze bazangiza, harimo gutwika iminara yose y'itumanaho  kugirango igihugu cyose kizabe ntatumanaho rifite., ikindi ngo ni uko bazakora ibishoboka byose kugirango icyambu cya  Dar es Salaam kizabe kidakora kandi n'inzira ziva cyangwa zijya kuri icyo cyambu zigomba kuba zifunze.

Ikindi ngo imipaka yose ihuza Tanzania  igomba kuba ifunze kugirango hatazagira uwinjira cyangwa ngo asohoke igihugu.,  Abigaragambya kandi  ngo bazajya mu bitaro byose bahagarike Serivisi z'ubuvuzi.

Kuri uyu wa Gatatu,  mu Mujyi wa  Dodoma  hiriwe urijya n'uruza muri za gare zitandukanye z'abantu batangiye gusubira iwabo mu byaro mu rwego rwo kwirinda ko  iyo myigaragambyo yabasanga bakiri mu mujyi.

Bagabo John

Tanzania: Abazigaragambya bazakoresha intwaro- Umuvugizi wa Polisi

Tanzania: Abazigaragambya bazakoresha intwaro- Umuvugizi wa Polisi
Abazigaragambya bazakoresha intwaro

Umuvugizi wa Polisi ya Tanzania David Misime, yavuze ko bamenye amakuru ko abategura imyigaragambyo yo ku wakabiri tariki ya 9 Ukuboza 2025, bazakoresha intwaro.

Amakuru yatanzwe n'umuvugizi  wa Polisi DCP David Misime,  kuri uyu wa gatatu tariki ya 3 Ukuboza 2025.  yavuzeko igipolisi kiteguye guhangana n'ibyo bikorwa  biriho bitegurwa n'abashaka guhungabanya umutekano w'igihugu. 

Ati" Amakuru twamenye ni uko abategura imyigaragambyo bateguje ko , umuntu uzaba atazi gukoresha intwaro ndetse utarabitorejwe, uwo munsi ntazafate intwaro, muzareke zikoreshwe n'ababiherewe imyitozo".

Mu byo abazakora imyigaragambyo bavuze bazangiza, harimo gutwika iminara yose y'itumanaho  kugirango igihugu cyose kizabe ntatumanaho rifite., ikindi ngo ni uko bazakora ibishoboka byose kugirango icyambu cya  Dar es Salaam kizabe kidakora kandi n'inzira ziva cyangwa zijya kuri icyo cyambu zigomba kuba zifunze.

Ikindi ngo imipaka yose ihuza Tanzania  igomba kuba ifunze kugirango hatazagira uwinjira cyangwa ngo asohoke igihugu.,  Abigaragambya kandi  ngo bazajya mu bitaro byose bahagarike Serivisi z'ubuvuzi.

Kuri uyu wa Gatatu,  mu Mujyi wa  Dodoma  hiriwe urijya n'uruza muri za gare zitandukanye z'abantu batangiye gusubira iwabo mu byaro mu rwego rwo kwirinda ko  iyo myigaragambyo yabasanga bakiri mu mujyi.

Bagabo John