Donald Trump ni we uyoboye abandi bayobozi bose b'ibihugu ku rubuga rwa TikTok, aho akurikirwa n'abasaga miliyoni 16.7. Gusa, ku rubuga rwa X (rwahoze rwitwa Twitter), uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Barack Obama aracyamurusha umubare w'abamukurikira.
Perezida wa El Salvador, Nayib Bukele, Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum, na Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, na bo bari mu bayobozi bafite abakurikira benshi kuri TikTok.
Ibi bigaragaza ko abayobozi bo muri Amerika y'Epfo n'abo ku mugabane w'u Burayi bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga mu kugeza ubutumwa ku baturage no kugirana na bo imikoranire.
Nubwo Narendra Modi atari Perezida ari Minisitiri w'Intebe w'u Buhinde, ni we muyobozi mu banyapolitiki bakurikirwa cyane kurusha abandi ku rubuga rwa Instagram, aho afite abasaga miliyoni 100 bamukurikira.
Uyu mubare ugaragaza uburyo akunzwe kandi afite imbaraga zikomeye mu gukoresha imbuga nkoranyambaga mu itumanaho no kwegera abaturage.
Bagabo John
